IRUSHANWA RYA MISS RWANDA RIGIYE KUGARUKA? MINISITIRI W'URUBYIRUKO YABIVUZEHO

Ubwo yatangiza ku mugaragaro icyiciro cya Gatatu cya Art Rwanda, Minisitiri Utumatwishima Abdallah yabajijwe ku hazaza h’irushanwa rya Miss Rwanda ryakurikirwaga cyane mu Rwanda.

IRUSHANWA RYA MISS RWANDA RIGIYE KUGARUKA? MINISITIRI W'URUBYIRUKO YABIVUZEHO

Ubwo yatangiza ku mugaragaro icyiciro cya Gatatu cya Art Rwanda-Ubuhanzi, Minisitiri Utumatwishima Abdallah yabajijwe ku hazaza h’irushanwa rya Miss Rwanda ryakurikirwaga cyane mu Rwanda.

Irushanwa rya Miss Rwanda riheruka muri 2022 ubwo ryegukanwaga na Nshuti Muheto Divine.

Minisitiri Utumatwishima yavuze ko hagomba kuganirwa ku kuba Miss Rwanda yakongera kuba.

Ati "Ni ikintu tugomba kuganiraho. Duhe umwanya kuba ukizanye aha tuzongera tukiganireho n’izindi nzego. Ariko nk’uko nari nabihereyeho ni ikibazo gikomeye tugomba guha umwanya wo kongera gusesengura…"

Yavuze ko gusubukura Miss Rwanda bizabanzirizwa no kubanza kwisuzuma, kureba uko byakorwaga, impamvu byategurwa n’umuntu ku giti cye, uko Minisiteri zagize uruhare mu kuyitegura, inyungu yavuyemo, ibibazo byabonetsemo n’ibindi.

Akomeza ati “Twungutse iki muri ibyo, byagize bibazo ki?  Igihe twabiteguriye byatwunguye angahe? (Gutegura Miss Rwanda). Tuzabireba, hari igihe wasanga bijya guhura, ugasanga wenda bitagikenewe. Numva twabikora ariko tugashyiramo ...n’icyo bimaze mu muco.”

Umuyobozi w’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera aherutse kubwira TNT ko hataramenyekana igihe iri rushanwa rizasubukurikirwa.

Irushanwa rya Miss Rwanda ryajemo agatotsi ubwo uwariteguraga Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid yatabwaga muri yombi mu kwezi kwa kane 2022,ashinjwa ibirego birimo gusambanya ku gahato bamwe mu bakobwa baryitabiriye.